Nta muntu ukwiye kugira ubwoba bwo gutanga ikirego igihe amenye umwana wahohotewe
Muri gahunda y'icyumweru cyahariwe kwimakaza ihame ry'uburinganire mu Karere ka Gatsibo mu ntara y’Iburasirazuba, cyatangiye ku wa 19/09/2022 gisozwa ku wa 25/09/2022, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ibyerekeye Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Amb. Nyirahabimana Soline, ureberera ako karere muri Guverinoma, yagiranye ibiganiro n’abangavu babyariye iwabo mu rwego rwo gukemura ibibazo byabo.
Umunyamabanga wa Leta Amb. Nyirahabimana Soline yasabye aba bana babyaye kudatakaza indoto, bakirinda kandi bakagira amakenga mbere yo gufata icyemezo. Ati "mwitakaza indoto, imbaraga mwari mufite zigaruke kugira ngo n'ubundi mugere ku byo mwifuzaga kugeraho. Turabasaba kwirinda mukagira amakenga, mbere yo gufata icyemezo mujye mutekereza ubugira kabiri. Mumenye kuvuga "oya" kandi mugire uruhare mu kurwanya iki cyorezo mudahishira ababahohoteye ndetse n'abagerageje kubahohotera n'ubwo baba batarabigezeho."
Yanaganiriye kandi n’ababyeyi b’abana babyaye hagamijwe kubibutsa inshingano zabo zo kurera, kwita ku bana basambanyijwe/batewe inda no gufata ingamba zo gukumira no kurinda barumuna babo.
"Natwe ababyeyi twikebuke turebe uko tubanye mu muryango. Imiryango yacu iragaragara ite? Ibanye ite? Tuganira n'abana bacu? Baratwigiraho izihe ndangagaciro zituma bagendana n'ibyo ababyeyi bababwiye bikabarinda niyo batari kumwe natwe? Reka twere kuva ku nshingano zacu. Abantu ba mbere bahingamo umwana icyo agendana ni ababyeyi. Twegere abana bacu, tubane nabo, nibwo buryo bukomeye bwo gukumira." Amb. Nyirahabimana Soline
Yongeyeho asaba ubufatanye bwa buri wese mu guhashya ihohoterwa rikorerwa abana kuko izindi nzego zibishinzwe zitashobora kujya muri buri rugo ngo zimenye ko hari uwahohotewe. Ati “Nta n’umuntu ukwiye kugira ubwoba bwo gutanga ikirego igihe amenye umwana wahohotewe kuko iyo ubicecetse ubizi uba uhishiriye icyaha.”
Mu rwego rwo kwimakaza ihame ry’uburinganire, Umunyamabanga wa Leta yasuye imiryango yari ifitanye amakimbirane ariko ubu ibanye neza, anafatanya n’ubuyobozi bw’Akarere kuganiriza umuryango uri mu makimbirane bawushishikariza kongera kwiyunga. Yanagiranye ibiganiro n’inshuti z’umuryango mu karere ka Gatsibo, agira umwanya wo gukemura ibibazo by’abaturage aho yitabiriye inteko y’abaturage mu murenge wa Rwimbogo, akarere ka Gatsibo.
Topics
Rwanda convened the Africa’s Attorneys General Forum in Kigali from 5–7 May 2026, in partnership with the World Bank Group, ICSID, MIGA, AFC, IFC, and…
Today on the 18th of March, a hearing of the case involving Rwanda v. UK at the Permanent Court of Arbitration in The Hague has commenced. It is…
From 22 to 24 December 2025, the Ministry of Justice, in partnership with the ADR Operationalization Project, organized two key training sessions…
On 21 January 2026, the Government of Rwanda presented its Fourth National Report under the Universal Periodic Review (UPR) during a session of the…
The Ministry of Justice, in partnership with African Peace Partners, convened a high-level dialogue and training session on Trauma-Informed Mediation…
From 15–19 December 2025, the Ministry of Justice, in partnership with the ADR Operationalization Project, brought together 55 participants from state…
Rwanda joined the international community in marking International Anti-Corruption Day on December 9, 2025, with a national celebration held in Rubavu…
From 24–27 November 2025 in Marrakech, Morocco, a delegation led by the Minister of Justice /Attorney General, Dr. Emmanuel Ugirashebuja, and…
Kigali, Rwanda – 22 October 2025 – The Ministry of Justice, in collaboration with justice sector institutions and with the support of the United…